PamelaHutchinson umwe mu baririmbyi b’itsinda ry’abavandimwe the emotions yapfuye.

0
926

Ibi byatangajwe  ku rubuga rwa Facebook rwiri tsinda rigizwe na bavandimwe   batatu  ku cyumweru, rivugako Pamela  yitabye Imana ku wa gatanu w’icyumweru gishize  ,kumyaka 61. Bakomeza basobanura ko  yahuye n’ibibazo by’ubuzima yari amaze imyaka myinshi arwana nabyo.

Bongeyeho bati: “ubu umuvandimwe  wacu mwiza azaririmbira abamarayika bo mu ijuru mu mahoro yuzuye. Muri iki gihe, umuryango urasaba abafana n’inshuti kubaha ubuzima bwacu bwite’’

Pamela  yari umuhererezi aba bavandimwe batatu  – mukuru we, Wanda na Sheila bamurusha imyaka 5 ni  7 .

Iri tsinda rya the emotions ryamamaye cyane mumyaka yaza 60 , rifite amateka akomeye mumuziki cyane cyane mujyana ya R&B .Bazwi cyane mundirimbo yabo bise”THE BEST OF MY LOVE”