Icyo Rwanda Polytechnic ivuga ku banyeshuri bafite akazi n’abubatse batifuza kwiga bacumbikiwe.

0
1501

Abanyeshuri  mu mwaka wa nyuma w’ amashuri makuru na kaminuza biga banakora,barasaba ko igihe bazaba basubukuye amasomo  bakomorerwa bakiga bataha aho kuba mukigo  nkuko byatangajwe na Mininisiteri y’uburezi murwego rwo kwirinda ikwirakizwa ry’icyorezo cya covd 19.

Benshi muri aba banyeshuri baganiriye na Royal fm  mumujyi wa kigali,  ni abiga mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyengiro Rwanda Polytecnic ,bavuga ko bakunze kubona ibiraka byahato n’ahato ,ndetse n’abandi bafite akazi kabatunze  biga muri kaminuza nkuru y’u Rwanda kakanabafasha kwishyura amafaranga y’ishuri n’ibindi nkenerwa.

Aba banyeshuri baravuga  ko nibura bakomorerwa bakazajya biga bataha,maze bagakaza kurushaho  ingamba zo kwirinda covd19 ariko ntibareke akazi bakoraga kuruhande.

Umwe muri bo utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati “nkanjye aka kazi nkora kamfasha kongera amafaranga nkishyura amafaranga y’ishuri ,rero nituramuka tugiye mukigo tudasohoka, sinzi ko nzabishora . Wenda bakavuze bati abafite akazi cyangwa se ingo bajye bataha ahubwo twirinde kurushaho

Undi ati “nkatwe twiga imyuga dukunze kubona ibiraka byinshi Kandi amafaranga tubona aradufasha cyane  . Na mbere hose umuntu ahitamo kwiga nijoro kuko abafite ibindi akora kumanywa. Kandi hari n’abajya mu Isoko, gusenga bagenda nabo bagataha ,uretse n’ibyo n’abarimo nabo bazajya bataha

Uyu we ati”nukuri natwe turashaka gusoza kwiga , no kuba mukigo nabyo ntakibazo benshi twanabagamo, ariko igihe umuntu abonye akazi ,nyine ikiraka ,baturetse tugasohoka byoroshye nibyo byaba byiza. Kuko sintekereza ko hari umukoresha wakurindira muu gihe tuzamaramo hariya . ikindi kandi no  ku kazi tujya haba hari ubwirinzi  

Aganira na Royal fm ku butumwa bugufi SMS , umuyobozi wungirije wa Rwanda Polytechnic ushinzwe amasomo, iterambere n’ubushakashatsi Eng. Rita Clemence Mutabazi, Yavuze ko aba banyeshuri biga bakora ,kimwe n’abafite ingo bafite ikibazo cyo kwiga bacumbikiwe naza kaminuza,ari ibibazo by’abantu bake ugereranije n’umubare wose bafite w’abagombaga kugaruka.

Gusa ariko ngo  kubera igihe gito bazaba bafite ngo basoze gahunda y’ishuri ,uyu muyobozi yavuze ko abo bafite akazi bizabasaba gushaka ubundi buryo kuko bazaba bafite amezi 2 gusa yo kuguma kwishuri ngo basoze.

Naho abafite ingo bo uyu muyobozi yavuze ntakibazo ngo kuko no mu kazi ingo bazisiga  iyo bikenewe ,icyakora yongeyeho ko  abafite abana bato cyangwa  ibindi bibazo byihariye bazibyigaho  byihariye, Avuga ko ikibazo kihariye ku muntu batakigira  rusange.

Biteganyijwe  ko Ku itariki 12 uku kwezi  aribwo  amashuri makuru na kaminuza zavuzwe  zizafunguriraho ariko buri shuri rikuru na kaminuza rikazagena  itariki yo gutangiriraho amasomo kandi rikayitangariza abanyeshuri.

Photo: Inyarwanda