TRUMP-Irekurwa rya Steve Bennon ryafashwe nk’ubucuruzi bushya mumboni z’abasezenguzi

0
916

Nyuma y’aho Perezida Donald Trump ugiye gusimburwa  mu masaha macye na Joe Biden  ababariye abantu bari bafungiwe ibyaha bitandukanye barimo Steve Bennon,  uyu wabaye umujyanama we ,akaza gutabwa muri yombi  umwaka ushize wa 2020 akekwaho ubwambuzi bushukana.

Umuhanga akaba n’umusesenguzi mu by’amategeko Norm Eisen, yagarageje impungenge kuri izi mbabazi za Trump avuga ko   ahubwo yaba yibereye mubucuruzi na Bannon bivugwa ko bagiye gushinga ishyaka ryabo. Ibi  Norm Eisen yabivugiye kuri CNN ubwo Itangazo ry’izi Mbabazi ryajyaga hanze kuri uyu wagatu   riturutse muri White House.

Mumagambo ye yagize ati”Ni  ikigaragaza neza ko izi  mbabazi za Trump ndetse nizindi yatanze mu myaka 4 amaze kubutegetsi ,zifite ikibazo ubwazo , Bennon ni urugero rwa ba Trump  beenshi, azi byinshi  cyane kuri we , rero Trump ari gukora  ubucuruzi  bucecetse yitwaje imbabazi  kandi ari kubikorera Bannon  muby’ukuri!   Irindi banga riri muri izi mbabazi ni ruswa , birashoboka ko  Trump yishakira   Bannon ,kugirango batangize irindi shyaka..ibyo nibyo  birikuvugwa  hano Washington

Steve Bennon yabaye umujyanama wa Trump ubwo yiyamamazaga mu mwaka wa 2016, muri kanama umwaka ushize nibwo yatwe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana, Byavugwaga ko ashinjwa kubeshya abaterankunga mu gushaka amafaranga yo kubaka urukuta rutandukanya Amerika na Mexique.