Polisi igiye gusubukura Kontorole-Tekinike

0
1037

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ikigo gisuzuma ubuziranenge  bw’ibinyabiziga kizasubukura imirimo yacyo ku wa 04 Kanama 2020, ariko hagasuzumwa ibyiciro  by’ibinyabiziga byihariye.

mu itangazo Polisi yasohoye ibinyujije kurubuga rwayo rwa twitter   umuvugizi  wa polisi y’u Rwanda CP  Jean Bosco KABERA   yavuze ko ibinyabiziga bigenewe gutwara abantu  muburyo byishyuza aribyo  ama bisi,ama minibisi.

Hamwe  n’ibinyabiziga binini bitwara ibintu aribyo  amakamyo akurura(remorques),makuzungu (semi-remorques),amakamyo afite imitambiko itatu(3)no kuzamuka ndetse n’amufuso.

Ikomeza ivuga ko abantu bari barishyuye ndetse bakanahabwa  gahunda (rendez-vous) yo  gusuzumisha  ibinyabiziga byabo yuko ikigo  gisubika imirimo muri Werurwe 2020 aribo bazahabwa amahirwe ya mbere kandi ntibishyuzwe bundi bushya.