Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Afurika y’Epfo,Cyril Ramaphosa kuri uyu wa kabiri

0
1406

Ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo bibinyujije kuri Twitter, byatangaje ko ibiganiro byabo bayobozi byabereye i Paris mu Bufaransa aho bitabiriye Ihuriro ryiga ku Iterambere ry’Ubukungu bwa Afurika.

Nta ngingo yigeze itangazwa ko yaba yagarutsweho muri ibyo biganiro.

Muri uru ruzinduko rwa Perezida Kagame yanagiranye ibiganiro na bagenzi be bandi barimo uwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi n’uw’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Perezida Kagame na Perezida Ramaphosa baherukaga guhurira i Addis Abeba muri Ethiopie, muri Gashyantare 2020 ubwo bari bitabiriye Inama ya 33 isanzwe ya Afurika yunze Ubumwe, yiga ku guhagarika intambara ku Mugabane nk’uburyo bwo guharurira inzira iterambere wifuza.

U Rwanda na Afurika y’Epfo bifitanye umubano mwiza ariko mu minsi ishize wajemo agatotsi cyane cyane ko Afurika y’Epfo icumbikiye Kayumba Nyamwasa ukuriye RNC n’Umutwe w’abarwanyi wa P5, uhuriweho n’amashyaka atanu arwanya Leta y’u Rwanda. Kayumba kandi ashinjwa uruhare mu bitero by’iterabwoba birimo ibisasu byatewe mu mujyi wa Kigali mu 2010.