Harageze ngo abakoresha Twitter nabi babibazwe: CP KABERA

0
1075

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Comissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avugana na 94.3 Royal fm  yavuze ko  nubwo cyorezo cya covid 19  kibangamiye abantu haba mu mikorere n’imigenzereze ariko bidakwiye ko abantu bakwiye kubeshya no kubeshyera u rwego

Akomeza avuga ko hari abitwaza ko kuba bandika kumbugankoranyambaga zose by’umwihariko twitter police igahita ibasubiza bitakabaye urwitwazo bakandika ibyo biboneye atari ibyo.

Avuga ko police ikwiye gusubiza ibibazo nyabyo  bifasha abaturage idakwiye biba byabajijwe ku mbugankoranyambaga by’ umwihariko Twitter.

Ati ’Hari n’abandika kuri izo mbugankoranyambaga barangiza bagasiba ariko police iba yabibonye ndetse n’abayikurikira’

Avuga ibi yahise akomoza no ku musore  w’imyaka 26 Hamuli Ruben akurikiranweho kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 uyu yafashwe  atambaye agapfukamunwa ku cyumweru  tariki ya 12 Nyakanga nyuma akandika    ubutumwa  ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa  Twitter  avuga ko yafashwe arengana. Uyu Yafatiwe mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu..

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Comissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko yashyikirijwe urwego  rw’ubugenzacyaha akorerwe iperereza akorerwe idosiye nyuma aburanishwe

Hamuli amaze kwerekwa ubutumwa yanditse yemeye icyaha  ndetse anagisabira imbabazi. Avuga ko yabitewe n’imyumvire mike ndetse n’umujinya kuko atatekereje ku ikosa yakoze ahubwo akumva ko abapolisi bamurenganyije. Yanavuze ko yabikoze mu rwego rwo kwirengera mu kazi ke  kugira ngo abakoresha be bamwohereje gufata amashusho y’ubukwe batazamufata nabi.

Itegeko no 60/2018 ryo ku wa 22/8/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga ingingo ya 39 ivuga ko  Umuntu wese, ubizi, wifashishije mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa atangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu cyangwa ihohotera muri rubanda cyangwa ashobora gutuma umuntu atakarizwa icyizere, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW).

Manzi Gato Felecien